Dore icyo imibare ivuga kuri Gabriel Magalhaes ufatwa nk’intare mu bwugarizi...
- 31/03/2023 saa 10:18
Mikel Arteta mu kiganiro n’itangazamakuru yagaragaje ibanga Arsenal ikoresha...
- 30/03/2023 saa 13:56
Umudage utoza ikipe ya Liverpool nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Napoli muri Champions League abenshi batekerezaga ko ashobora nawe kwirukanwa nk’uko byagendekeye Thomas Tuchel nyamara uyu mugabo yatangaje ko ntawe ushobora kumusezerera.
Liverpool yaraye inyagiwe bikomeye na Napoli ibitego 4-1 ndetse umutoza w’iyi kipe yahise yihutira gusaba imbabazi abafana ba Liverpool bari bamuherekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani.
Klopp yatangaje ko urugendo rwo kuva mu gihugu cy’Ubwongereza bagana mu butaliyani ngo ntabwo rwari rworoshye ndetse yavuze ko ari ijoro ribabaje cyane ku ikipe ya Liverpool.
Mu magambo ye ubwo yabazwaga ikibazo Liverpool yahuye nacyo Klopp yagize ati:Ntidushobora kwirengagiza ko twagize intangiriro mbi rwose
Ikibazo ni ukubera ko abahungu batakinnye umukino mwiza kandi babishakaga, ariko ni akazi kanjye kubimenya ndetse ni inshingano zanjye.