Ikipe ya Tottenham Hotspur ititije amakipe igura umukinnyi wifuzwaga n’amakipe menshi y’ibigugu

Ikipe ya Tottenham ikomeje gutanga ubutumwa bukomeye nyuma yo gukubita inshuro amakipe akomeye arimo mukeba wayo Arsenal hamwe na Manchester United maze igasinyisha umukinnyi kabombo ukomoka mu gihugu cya Brazil ariwe Richarlison wari usanzwe akinira ikipe ya Everton nyuma yo kumutangaho agera kuri Miliyoni 50 z’Ama Pound.

Ku wa gatatu w’iki cyumweru nibwo Tottenham yumvikanye na Richarlison ku byo izamuha ku giti cye hamwe n’amasezerano azayisinyira.

Nyuma y’aho umukinnyi Richarlison yumvikaniye na Tottenham n’amakipe yombi Everton na Tottenham Hotspur yarumvukanye bituma uyu mukinnyi yerekeza mu ikipe ya Tottenham Hotspur aho agomba kugera mu mujyi wa London icyumweru gitaha.

Uyu mukinnyi ukomoka muri Brazil yatsinze ibitego 53 mu mikino 152 yakiniye Everton kandi azerekeza muri Spurs aho azahurira na myugariro wa Barcelona, ​​Clément Lenglet.

Genesisbizz

Related Articles

Igitekerezo cyawe kirashyirwaho aruko gisusumwe

TANGA IGITEKEREZO