Dore icyo imibare ivuga kuri Gabriel Magalhaes ufatwa nk’intare mu bwugarizi...
- 31/03/2023 saa 10:18
Mikel Arteta mu kiganiro n’itangazamakuru yagaragaje ibanga Arsenal ikoresha...
- 30/03/2023 saa 13:56
Umukinnyi mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cya Ukraine bwana Olexandr Zichenko yatangaje amagambo akomeye nyuma y’aho Arsenal itsindiye Aston Villa ibitego 4-2.
Nyuma y’umukino wari umaze guhuza Arsenal na Aston Villa bwana Zichenko yatangaje ko ikipe yabo hari amasomo menshi yagiye yiga mu bihe binyuranye bijyanye n’urugamba bakunze kurwana umunsi ku wundi.
Mu magambo ye Zichenko yagize ati:nyuma y’uyu mukino ndashaka kuvuga ibintu bigera kuri bibiri,mbere na mbere twabonye isomo ridasanzwe kugeza ku mpera y’umukino.
Nk’uko nabivuzeho mbere ikipe yacu ifite abantu badasanzwe ndetse bashobora kugera kuri buri kimwe bifuza,ndatekereza ko nidukomeza kwitwara neza tugahatana bizagenda neza nk’uko byagenze mu gice kibanza cya Shampiyona.
Ibi Zichenko yabitangaje nyuma y’aho Arsenal yari imaze guturuka inyuma igatsinda Aston Villa ibitego bigera kuri 4-2 ndetse nyuma y’aho Man City inganyirije na Nottingam Forest byatumye Arsenal isubirana umwanya wayo wa mbere n’amanota agera kuri 54.