Uwahoze atoza Manchester City Sven Goran Eriksson acyeje Arsenal ayiha amahirwe akomeye ku gikombe cya Shampiyona

Ikipe ya Arsenal ikomeje nayo guhabwa amahirwe akomeye ku gikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza ndetse n’umugabo wahoze atoza Manchester city Sven Goran Eriksson yahamije ko bishoboka cyane.

Siven Goran Eriksson wabaye umutoza wa manchester City n’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza (3 Lions) yatangaje ko Arsenal y’uyu mwaka ikomeye ndetse avuga ko ayiha amahirwe akomeye cyane ku gikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka bijyanye n’abakinnyi ifite.

Gusa uyu mugabo yakomeje avuga ko nanone ikipe ya Manchester City ifite nayo amahirwe akomeye kubera uburyo ifite abakinnyi benshi kandi bakomeye kuburyo buri mwanya ufite abakinnyi barenga babiri kandi bashobora kuwukina.

Kugeza aka kanya Arsenal iyoboye shampiyona aho ifite amanota agera kuri 27 ndetse ikaba irusha amanota 4 ikipe ya Tottenham na Manchester City ziyikurikiye.

Genesisbizz

Related Articles

Igitekerezo cyawe kirashyirwaho aruko gisusumwe

TANGA IGITEKEREZO